Scott McTominay yabazwe umutima
Ikipe ya Napoli yo mu Butaliyani yatangaje ko umukinnyi wayo wo mu kibuga hagati, Scott McTominay, yabazwe umutima kandi igikorwa cyagenze neza, ibituma azasubira mu kibuga vuba.
- Scott McTominay yabazwe umutima mu bitaro bya Spire Manchester Hospital ku itariki ya 8 Nzeri 2026.
- Yagize ikibazo cy’umutima udatera neza nyuma yo kuva mu kibuga mu mukino Napoli na Como.
- Azafata ibyumweru bibiri mu kiruhuko mbere yo gusubira mu myitozo, ntazabasha gukina imikino ya UEFA Nations League.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 8 Nzeri 2026, ni bwo iyi kipe yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo, itangaza amakuru arebana n’ubuzima bw’uyu mukinnyi wayo, mu gikorwa cyabereye mu bitaro bya Spire Manchester Hospital.
Ku itariki ya 30 Kanama, ubwo Napoli yatsindwaga na Como ibitego 2-1, Scott McTominay yavuye mu kibuga ku munota wa 56, gusa abaganga baza kugaragaza ko yagize ikibazo cy’umutima udatera neza.
Ni ikibazo kitari gikomeye cyane, ariko gisabwa kwitabwaho kugira ngo bitazamuviramo uburwayi bukomeye bw’umutima.
Nyuma yo kubagwa, Napoli yagize iti "McTominay agiye kuruhuka igihe cy’ibyumweru bibiri, abone gutangira imyitozo.”
Uyu mukinnyi wanyuze muri Manchester United yamaze impungenge abafana be akimara kumenya ko afite ubu burwayi, agira ati “Tubonane vuba Napoli, ntabwo nzatinda.”
Biteganyijwe ko azasubira mu kibuga nyuma y’ukwezi.
Uburwayi bwe buzatuma adakina imikino ya UEFA Nations League iteganyijwe mu Ukwakira, dore ko Umutoza wa Écosse, Sebastien Pocognoli, ari mu myiteguro yo guhamagara abo azifashisha akina na Slovenia imikino ibiri, North Macedonia n’u Busuwisi.



